42 results found with an empty search
- NIJERIYA: Buhari wayoboye Nijeriya yapfiriye mu Bwongereza | TV1 Rwanda
NIJERIYA: Buhari wayoboye Nijeriya yapfiriye mu Bwongereza 14 Jul 2025 Amahanga by: TV1 Rwanda News Go Go Go Go Umukambwe w'imyaka 83 Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nijeriya yapfiriye i Londres mu Bwongereza aho yari yaragiye kwivuriza. Buhari yabaye Perezida wa Nijeriya mu gihe cy'imyaka umunani muri manda ebyiri. Manda ya Mbere yayitangiye mu mwaka wa 2015 ubwo yatsindaga amatora ahigitse Goodluck Jonathan wari usanzwe ku butegetsi. Perezida Bola Tinubu watangaje iby'urupfu rwa Buhari yatangaje ko uyu mugabo yakundaga igihugu dore ko mu mirimo yakoze yanabaye umusirikare wari uri mu bakomeye icyo gihugu cyagize. Muhammadu Buhari Copied!
- Rwanda: Umuti mushya urinda Sida uzatangira gutangwa muri 2026 | TV1 Rwanda
Rwanda: Umuti mushya urinda Sida uzatangira gutangwa muri 2026 22 Jul 2025 Ubuzima by: TV1 Rwanda News Go Go Go Go Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, cyatangaje ko mu mwaka wa 2026 abaturage bazatangira kubona umuti wa Lenacapavir Yeztugo urinda umuntu kwandura Sida utangwa kabiri mu mwaka. Mu kiganiro na RBA, umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera SIDA mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, Dr Ikuzo Basile yavuze ko Lenacapavir Yeztugo yakozwe n’Ikigo cyo muri Amerika kimenyerewe ku gukora inkingo, Gilead Sciences. Dr Ikuzo Basile yavuze ko ari umuti uzagabanya ‘stress’ zo gufata ibinini bya hato na hato cyangwa urushinge rufatwa inshuro esheshatu…bityo ko uyu muti uzafasha abaturage gukomeza kwirinda virusi itera SIDA. Kugeza ubu mu Rwanda abafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA bageze kuri 97% bari mu cyiciro cy’abakuru. Ku bana bavuka ku babyeyi bafite Virusi itera Sida kuri ubu 99% byabo bageza ku myaka ibiri nta virusi itera SIDA bafite, bisobanuye ko 1% ari we uba ufite virusi itera SIDA. Copied!
- Uganda: Besigye arashinjwa gutunga imbunda mu buryo butemewe
TV1 Uganda: Besigye arashinjwa gutunga imbunda mu buryo butemewe 21 November 2024 Amahanga by: TV1 Go Go Go Go Umunyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda Kizza Besigye yagejejwe mu rukiko rwa gisirikare rwo mu murwa mukuru Kampala, ahakana ibirego birimo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n'amategeko no kujya mu biganiro byo kugura intwaro mu mahanga. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo bwa mbere yari abonywe mu ruhame nyuma yuko aburiwe irengero ari Nairobi muri Kenya, mu ruzinduko yari yahagiriye mu mpera y'icyumweru gishize. Kizza Besigye yagejejwe mu rukiko rwa gisirikare azanywe n’inzego z’igisirikare cya Uganda aho aregwa kugira amasasu no kugirana ibiganiro n'abanyamahanga bigamie kubona intwaro byabereye i Genève mu Busuwisi, i Athènes mu Bugereki n'i Nairobi, ibirego we ahakana . Umugore we Winnie Byanyima, usanzwe ari n’umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru mu muryango w'abibumbye, yibajije impamvu Besigye afungiye muri kasho ya gisirikare kandi ari umusivile. Hagati aho, leta ya Kenya yahakanye ivuga ko nta ruhare yagize mu itabwa muri yombi rya Kiiza Besigye. Copied!
- Yaka Mwana yatawe muri yombi kubwo guteza akavuyo ku rukiko
5036cbd9-c5b8-4d93-99b3-62268e40ddd9 Yaka Mwana yatawe muri yombi kubwo guteza akavuyo ku rukiko
- Burera: Babujijwe kwambutsa igihugu ibiro by’ibiribwa birenze bitanu | TV1 Rwanda
Burera: Babujijwe kwambutsa igihugu ibiro by’ibiribwa birenze bitanu 1 Apr 2025 Imibereho y'Abaturage by: Go Go Go Go Abaturage batuye hafi y’uumupaka utandukanya u Rwanda na Uganda bavuga ko nubwo bishimira ko hagati yabo babanye neza ubu babangamiwe n'amabwiriza yashyizweho n'ubuyobozi bw'umurenge wa Kagogo mu karere ka Burera yuko nta muturage wemerewe gukura mu Rwanda ibiribwa birenze ibiro bitanu cyangwa ngo abikure muri uganda abyinjiza mu Rwanda . Abagizweho ingaruka n’iki cyemezo ahanini n’abakora ibikorwa by’ubuhinzi ku mpande zombi ni ukuvuga abanyarwanda bahinga muri Uganda n’abaturage bo muri Uganda bahinga mu Rwanda. Aba baturage bavuga ko iyo bagiye gusarura ibishyimbo cyangwa ibigori bahinze mu gihugu kitari icyabo , bibasaba ko umusaruro bawutwara mu byiciro, batwara ibiro bitanu ku munsi cyane cyane abahinga ibishyimbo n’ibigori. TV na Radio1 byifuje kumenya icyo ubuyobozi bw'umurenge wa Kagogo mu karere ka Burera buvuga kuri aya mabwiriza bwashyizeho , icyakora umuyobozi w'umurenge wa Kagogo Bwana Louis Butoyi inshuro zose yahamagawe ntiyitabye Telefone ntiyanasubiza ubutumwa bugufi yohererejwe, ni nako byagenze kandi no ku muyobozi w'akarere ka Burera. Ubusanzwe abaturage batuye ku mipaka y’ibihugu bihana imbibi uretse kuba hari abambuka bakajya guhinga mu kindi gihugu hari n’abahererekanya ibiribwa babiguze cyane cyane mu gihe bamwe barumbije abandi bakaba barejeje. Gusa inzego z’ubuyobozi hari igihe zikumira abo baturage dore ko hari abahitamo kuzana ibiribwa byinshi ibiribwa batagamije guhaha ahubwo ari ubushabitsi(Ubucuruzi). Copied!
- Amakuru | TV1 Rwanda
Amakuru Amakuru ya TV1 ni amakuru yibanda ku ngingo zose zibaho ku Isi . TV1 ibagezaho amakuru agezweho y'ako kanya, yaba amakuru yo mu Rwanda, amakuru avugwa mu karere u Rwanda ruherereyemo n'amakuru avugwa mu mahanga ya kure. TV1 izwiho guha ijambo abaturage bakavuga ku buzima bwabo bwa buri munsi , bakaboneraho umwanya wo kumenyekanisha ibibazo byabo, ibitekerezo n'ibyifuzo bigamije iterambere ry'igihugu.
- Rutsiro: Abagabo bari kwirukana abagore ngo basubire iwabo kuzana imitungo
d1aaa3da-68f1-4674-9c76-3413fd64ab9d Rutsiro: Abagabo bari kwirukana abagore ngo basubire iwabo kuzana imitungo
- Bugesera: Basenye inzu y'umuturage bavuga ko ari umurozi | TV1 Rwanda
Bugesera: Basenye inzu y'umuturage bavuga ko ari umurozi 3 Apr 2025 Imibereho y'Abaturage by: TV1 Rwanda News Go Go Go Go Abaturage bo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera baravuga ko umuturanyi wabo witwa Nirema Solange aherutse kwiyemerera ko yaroze abantu babiri, ndetse aniyemeza kubavuza kugeza bakize, icyakora umwe muri abo kuwa Kabiri tariki 01 Mata 2025 yapfiriye mu bitaro bya Nyamata aho yajyanwe abavuzi gakondo bamunaniwe. Abaturage bagaragaza ko uyu ukekwaho kuroga yabyiyemereye mu ruhame. Mushiki w’uyu nyakwigendera yagize ati “Twe twari twavuze tuti mu gihe umuntu yari yemeye kumukura aha amujyana kumuvuza, kare kose ko yabonaga ataramuvura, iyo amureka akagwa hano.” Uwimana Gertrude, umugore wa Nyakwigendera we ahamya ko uburwayi bw’umugabo we budasanzwe, kuko ngo na mbere yuko ajya kuvurirwa mu bavuzi gakondo hari ibintu byajyaga bimuvugiramo. Ati “Yarwaye nk’ibyumweru bibiri, mu cya gatatu dutangira kubona indi ndwara idasanzwe, akajya avugaguzwa.” Kuri uyu munsi yapfiriyeho bugorobye abaturage bigabye mu rugo rw’uyu bashinja amarozi, bamutera bashaka kumugirira nabi nyuma y’urupfu rwa ishimwe Samuel yari yiyemeje kuvuza amarozi, uyu ukekwa we ahungira mu nzu bamenagura ibirahure bashaka kumusangamo ngo bamumukurikize. Ni imvururu zakomeje no kuri uyu wa Gatatu, aho n’ubundi abaturage bazindukiye mu rugo rw’uwo bashinja amarozi ndetse bavuga ko amaze kwivugana abagera kuri 3, n’ubundi bashaka kwihorera, gusa inzego z’umutekano zatabaye binasiga abasaga 20 batawe muri yombi, ukekwaho amarozi na we arafungwa, naho umugabo we n’abana bo bahise batoroka. Ubwo umunyamakuru yatunganyaga iyi nkuru umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rweru ntacyo yayitangajeho kuko uretse no kutitaba Telefone n'ubutumwa bugufi yohererejwe yirinze kubusubiza. Muri uyu murenge wa Rweru, hakunze kumvikana inkuru z’amarozi ndetse hari n’igihe habayeho amatora y’abarozi bakekwa, icyo gihe ngo binatanga agahenge, ariko ngo kabaye ak’igihe gito. Copied!
- Muzehe Quiz | TV1 Rwanda
Muzehe Quiz Iki kiganiro kivuga ku mateka y'u Rwanda rwo hambere ndetse kikanamenyesha abagikurikira amakuru agezweho n'uburere mboneragihugu. Iki kiganiro gikorwa mu buryo bwiganjemo ibibazo kikaba gitumirwamo abasaza n'abakecuru bari hejuru y'imyaka 60 y'amavuko.
- NYAMAGABE: Hari abagabo bashinjwa guta ingo bakinjirira abandi bagore | TV1 Rwanda
NYAMAGABE: Hari abagabo bashinjwa guta ingo bakinjirira abandi bagore 14 Jul 2025 Imibereho y'Abaturage by: Dieudonné NSHIMIYIMANA Go Go Go Go Bamwe mu bagore bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe, barashinja bamwe mu bagabo guta ingo bakajya mu bandi bagore, ngo ibikomeje no kuba intandaro y'amakimbirane y'urudaca yugarije imwe mu miryango. Mu mudugudu wa Kavumu mu kagari ka Jenda mu murenge wa Musange w’akarere ka Nyamagabe, ni ho hari ababyeyi biganjemo abahangayikiye umuryango mu gihe ngo hari abagabo bakomeje guta ingo zabo bakayoboka iy’ubushoreke no guharika abo bashakanye. Ni ikibazo abiganjemo abagore batabariza na cyane ko ngo gikomeje kuba nyirabayazana w’amakimbirane mu miryango, ingaruka zayo zitabura no kugera ku bo bibaruka. Ku rundi ruhande bamwe mu bagabo basa n’abahagarara kuri bagenzi babo, icyakora ntibabure kugaragaza ko ubuharike n’ubushoreke kuri bamwe biteje inkeke. Umunyamakuru yamaze gutunganya iyi nkuru ubuyobozi bw ’umurenge wa Musange butaraboneka ngo bugire icyo buyivugaho kerekeye ku ngamba ziriho cyangwa se zirashyirwaho mu guhangana n’iki kibazo kigaragazwa nk’intandaro y’amakimbirane rimwe na rimwe akunze kubyara impfu. Nubwo TV na Radio one bitabashije kumenya umubare nyir’izina w’ingo zirimo abagabo bataye abagore babo, bamwe mu batuye uyu mudugudu wa Kavumu mu kagari ka Jenda mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagare, bemeza ko ari ikibazo kibahangayikishije. Copied!
- Kigali: Ntazinda wahoze ari Meya wa Nyanza arashinjwa ubushoreke. | TV1 Rwanda
Kigali: Ntazinda wahoze ari Meya wa Nyanza arashinjwa ubushoreke. 7 May 2025 Ubutabera by: TV1 Rwanda News Go Go Go Go Kuri uyu wa Kabiri, tariki 6 Gicurasi 2025, Ntazinda Erasme wabaye umuyobozi w’akarere ka Nyanza yitabye urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, ngo aburanishwe ku byaha akurikiranyweho. Inteko y'iburanisha yinjiye mu cyumba cy’urukiko I saa munani n’iminota 53 z’amanywa. Nyuma yo gusomera umuburanyi imyirondoro ye, umwunganira mu mategeko Me Nyangezi Bonane yatangiye asaba urukiko ko rwasuzuma inzitizi batanze, rukaba rwasubika iburanisha. Me Nyangezi yasobanuye ko iyi nzitizi ndemyagihugu ishingiye ku ngingo y’140 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Ubushinjacyaha bwasabwe kugira icyo buvuga ku nzitizi yatangwaga n’uruhande rw’uregwa, bubanza kugaragaza ko butumvise neza iyo ari yo, na bwo Me Nyangezi avuga ko inzitizi batanga iri mu ngingo y’140 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Ubushinjacyaha bwavuze ko urukiko ari rwo rukwiye gusuzuma rugafata umwanzuro. Nta hantu na hamwe higeze hakomozwa ku byaha Ntazinda Erasme akurikiranweho, icyakora iyi ngingo umunyamategeko umwunganira yatanzeho inzitizi, yerekeranye n’ikurikirana ry’icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo. Iyi ngingo ivuga ko gukurikirana icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo bidashobora kuba hatareze uwahemukiwe mu bashyingiranywe.Ivuga kandi ko uwahemukiwe ashobora gusaba guhagarika ikurikirana ry’urubanza, aho rwaba rugeze hose, iyo yisubiyeho akareka ikirego cye. Icyakora iyo dosiye yarangije kuregerwa urukiko cyangwa gufatwaho icyemezo, kwisubiraho ntibihita bihagarika isuzumwa ry’urubanza cyangwa irangiza ryarwo. Ibi umucamanza arabisuzuma akaba yabyemera cyangwa akabyanga akanasobanura impamvu y’icyemezo cye. Urukiko rwanzuye ko rugiye gusuzuma inzitizi yatanzwe n'uruhande rw'uregwa ,umwanzuro ukazasomwa ku itariki 09 Gicurasi 2025 saa munani z’amanywa. Erasme Ntazinda wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Nyanza, yatawe muri yombi ku itariki 16 Mata 2025, nyuma y’amasaha make akuwe ku nshingano zo kuyobora ako karere. Ntazinda Erasme ubwo yagezwaga ku rukiko rw'ibanze rwa Kicukiro Copied!
- Kicukiro: Batunguwe no gusanga umusore amanitse mu ishyamba yapfuye
0eaf30a3-a650-4d4d-ac91-9471b510aa7c Kicukiro: Batunguwe no gusanga umusore amanitse mu ishyamba yapfuye








