top of page
Baking with Mom

Kamonyi: Umugeni arashakisha umugabo wamutaye bamaranye iminsi ibiri

3 Apr 2025

Imibereho y'Abaturage

by:

TV1 Rwanda News

Umugore witwa Aisha Christine utuye i Rugobagoba mu  murenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi yakoze  ubukwe ku wa Gatandatu Taliki 29 Werurwe2025,  na KITABAZENGA Leonard  uzwi nka Kevin nyuma y’iminsi ibiri gusa  uwo Kitabazenga arahukana bigakekwa ko yanajyanye imyambaro yose  bari bakodeshereje abambariye muri ubwo bukwe.


 

Uyu mugeni(Aisha Christine) TV na Radio one byamusanze  i Gihuma mu  murenge wa Nyamabuye  mu  karere ka Muhanga ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 01 Mata 2025 yagiye  kwa sebukwe kuhashakira uwo mugabo ariko biteza akavuyo abiganjemo abaheruka gutaha ubwo bukwe ahubwo baba aribo bamusaba kugaragaza aho yashyize umuhungu wabo.


 

Aisha yabwiye TV na Radio one ko yashakanye na Kevin  hashize iminsi ibiri gusa  bamenyanye bitewe n’uko uwo bari bagiye gushakana yamubenze ubukwe bubura iminsi mike bityo aho kubuhagarika agashyiraho abamushakira umugabo byihuse ari bwo bamuzaniraga Kevin taliki 25 Werurwe 2025 barumvikana bakora imihango yo kumusaba taliki ya 29 Werurwe banakodesha umuvugabutumwa  wo kubashyingira.



Imihango yose y’ubukwe yabereye mu rugo rwa Aisha ruri I Rugobagoba kandi amafanga yose bwatwaye yishyuwe na Aisha. Uyu mugore akeka ko impamvu umugabo we yamutaye ngo ari uko yanze ko baryamana kuko mu byiyumviro bye yari agitekereza umusore wa mbere bagombaga gushyingiranwa.



Nyuma y’uko uyu mugeni agiye gushakira umugabo we I Gihuma  mu karere ka Muhanga mu murenge wa Nyamabuye  bigateza akavuyo, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana  Jean Claude yabwiye TV na Radio one ko iki kibazo umurenge wahise ugishyikiriza urwego rw’ubugenzacyaha RIB ngo hashakishwe uwo mugabo.





 

Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu yatumye uwo Kevin yemera gukora ubukwe n’umukobwa bari bamaze iminsi 3 gusa bamenyanye, dore ko uwabahuje ari umumotari watwaye Aisha akagenda amuganiriza ko yabenzwe n’umugabo bari kuzasezerana imbere y’amategeko taliki 24 Werurwe 2025 maze nyuma y’umunsi umwe gusa Motari akamubonera uwo musore bahise banashyingiranwa.

 

 

Copied!

bottom of page